
Mu gihe leta y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu burerezi bufite ireme , umuryango wa Wisdom Schools wiyemeje kwitanga mu kurera Igihugu , kuri ubu iri shuri rimaze kuba ubukombe mu gutsindisha neza ijana ku ijana.
Mu kiganiro kirambuye umuyobozi w’iri shuri Bwana Nduwayesu Elie yagiranye na Deepnews.org yavuze ko azakomeza gutanga umusanzu we , mu kurera abana b’u Rwanda cyane
ko ngo yifuza ko Igihugu cyazaba gifite abantu basobanutse mu myaka iri mbere .
Imyaka 15 irashyize , Wisdom School ibonye izuba , kuko yafunguye imiryango mu mwaka wa 2008 aho batangiranye n’amashuri y’incuke kuri ubu bakaba bageze mu mashuri y’Isumbuye kuva mu Cyiciro rusange (O level) kugeza mu mwaka wa 6 (A level) mu Mashami atandukanye ariyo MCB, PCB, PCM, MPC, MCE.
Ku ruhande rw’abanyeshuri bavuga ko bagira ishyaka ryo gukora cyane kubera hari icyo bifuza kugeraho , bityo ngo bakaba bagomba gukora cyane bakirinda kurangara
Tuyizere Jessica yagize ati:” Njyewe muri uyu mwaka nukwiga cyabe ku buryo nzashimisha ababyeyi banjye ndetse n’Ikigo, kandi abambanjirije bagiye bambwira ko kugira ngo tsinde ngomba gukora cyane.ubu ntamikino mfite muri iki gihe.”
Undi munyeshuri witwa Kagiraneza Pacific yagize ati “Njyewe mfite gahunda yo kuzaba umunyshuri wa mbere ku rwego rw’Igihugu, kandi nzafasha n’abagenzi banjye nabo bazamuke.tuzabigeraho kuko dufite abarimu beza baduhora hafi umunsi ku munsi.”
Dusabimana Emmuel ni umwalimu muri Wisdom Schools yahishuye ibanga rituma bageraku tsinzi yagize ati:” Gushyira hamwe, kwitanga, nibyo bituma tugera ku musaruro ushimishije , ikindi abana bitegura ibizamini bya Leta muri Wisdom Schools twe dutangira kubtegura kare , tubahereza amasuzumabumenyi menshi , ku buryo bagera ku munsi w’ibizamini bameze neza.”
Babisabwe n’ababyeyi Wisdom Schools yamaze gufungura amashami hirya no hino mu gihugu, Amajyaruguru mu karere ka Burera, ndetse na Musanze arinaho hari icyicaro gikuru cy’ishuri.
Mu ntara y’Iburengerazuba ,Mu karere ka Nyabihu , Rubavu , Ngorerero , Rubengera ndetse na Nyamasheke aho hose Wisdom Schools yahafunguye amashami yayo .
Mu ntara y’Iburasirazuba bafite ishuri rya Wisdom Schools mu karere ka Rwamagana, Mu karere ka Kayonza, Nyagatare, Gatsibo, aho hose iri shuri rirahari , none kandi mu majyepfo bafite ishuri mu karere ka Kamonyi i Runda.
Nduwayesu Elie aragira ati” Twatangiye ishuri dushyigikiwe n’ababyeyi ishuri rigenda rikura mu byiciro bitandukanye duhereye ku ncuke, tugera ku mashuri abanza , ndetse tugera no mu mashuri y’isumbuye, ibanga dukoresha rya mbere ni ugukora cyane , abana bikabajyamo ko bagomba kuzishakira imitungo yabo badategereje ibyo ababyeyi babo bakoreye.”
Uyu muyobozi wa Wisdom Schools akomeza avuga ko ,kuva batangira gukora ibizamini bya leta abanyeshuri bagiye batsinda bose 100%, ndetse ishuri rya Wisdom ryagize umwana wabaye uwa mbere ku rwego rw’Igihugu mu mwaka wa 2019.
Wisdom Schools kandi irimo kwitegura kuzitabira andi marushanwa mu kwezi k’Ukuboza 2022 mu Gihugu cya Dubai , aho bazaba bagiye kongera guhatana n’ibihugu bitandukanye biturutse ku Isi hose, birimo uburayi , Africa, Asia, n’ibindi bihugu byinshi.
Si ubwambere iri shuri rizaba ry’itabiriye aya marushanwa yo kuvuga neza Icyongereza (English spelling) ndetse no kucyandika , kuko mu mwaka wa 2021 batahanye ibikombe byose byagatanirwaga muri aya marushanwa, bakaba bifuza gukomeza guhesha u Rwanda ishema.